AmakuruImikino
Trending

Abakinnyi 3 na Ismail Pitchou utagiraga ikipe berekeje muri Police Fc

‎Ikipe ya Police Fc ikomeje urugamba rwo guhatanira igikombe cya shampiyona uyu mwaka, imaze gusinyisha abakinnyi bane bashya.

‎‎Abakinnyi bashya ikipe ya Police Fc imaze gusinyisha barangajwe imbere na Nshimirimana Ismail Pitchou utagiraga ikipe nyuma yo gutandukana n’ikipe ya APR fc umwaka ushize.

‎Hari kandi abakinnyi babiri bakiniraga ikipe ya AS Kigali aribo rutahizamu Rudasingwa Prince ndetse na myugariro  Isaac Eze ukomoka mu gihugu cya Nigeriya.

‎‎Ntabwo ari abo bakinnyi bonyine iyi kipe yasinyishije kuko n’umukinnyi witwa Udahemuka Jean de Dieu wakiniraga ikipe ya Gasogi United yamaze kwerekeza mu ikipe y’igipolisi cy’igihugu.

‎‎Ikipe ya Police Fc ikaba ikomeje kongera imbaraga mu myanya itandukanye kugirango bizayifashe gukomeza guhatanira igikombe uyu mwaka dore ko yasoje igice kibanza cya shampiyona iri ku mwanya wa kabiri nubwo hakiri imikino y’ibirarane itari yakinwa.

Pitchou wakiniye Kiyovu Sport na APR fc yerekeje mu ikipe ya Police Fc
Myugariro Isaac Eze wakiniraga As Kigali yerekeje mu ikipe ya Police Fc
Rutahizamu Rudasingwa Prince uvuye muri As Kigali ni umukinnyi mushya wa Police Fc
Udahemuka Jean De dieu wakiniraga Gasogi United yerekeje muri Police Fc

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Related Articles

Back to top button