Itangazo rihamagarira gupiganira Isoko Ryo Kugemura Ibikoresho by’ishuri by’abana (Amakayi, Amakaramu N’ibikapu)

UNION DES EGLISES BAPTISTE AU RWANDA (UEBR )
PAROISSE NYAKAYAGA
PROJRCT RW0429 NYAKAYAGA
Email :rw429nyakayagaproject@gmail.com
ITANGAZO RIHAMAGARIRA GUPIGANIRA ISOKO
Itorero UEBR NYAKAYAGA rikoreramo Umushinga RW0429 NYAKAYAGA rirahamagarira ba Rwiyemezamirimo babyifuza kandi babifitiye ubushobozi gupiganira isoko ryo kugemura IBIKORESHO BY’ISHURI BY’ABANA (Amakayi, Amakaramu n’ibikapo). Uwifuza gupiganira iryo soko ashobora kuza gufata igitabo gikubiyemo amabwiriza agenga ipiganwa ku Biro by’umushinga RW0429 NYAKAYAGA, kuva kuwa Kabiri tariki ya 19/08/2025 kugeza kuwa Gatanu tariki ya 29/08/2025 amaze kwishyura amafaranga y’u Rwanda ibihumbi bitanu (5,000 frws) adasubizwa, agashyirwa kuri konti N° 100014014114 igaragara mu mazina ya U.E.B.R. RWA 429 NYAKAYAGA iri muri BANK OF KIGALI (BK) Amabahasha y’ipiganwa azakirwa kandi afungurirwe mu ruhame ku wa Gatanu tariki 29/08/2025 saa munani z’amanywa(14h00) ku Biro by’umushinga RW0429 NYAKAYAGA. Nyuma y’iyo saha yavuzwe haruguru nta yandi mabahasha azakirwa.
NB: Urutonde cyangwa ubwoko bw’ibikoresho bikenewe rugaragara mugitabo gikubiyemo amabwiriza agenga isoko(DAO)
Ukeneye ibindi bisobanuro yahamagara kuri Telefone 0780690405 (Pastor) Cyangwa 0783180139 (Project Director)
Bikorewe i NYAKAYAGA, ku wa 18/08/2025
Pastor KAREMERA Thomas
Umushumba w’Itorero UEBR NYAKAYAGA