
Umukinnyi wo hagati mu kibuga Kanamugire Roger wari umaze igihe nta kipe afite yamaze kwerekeza mu ikipe ya Gorilla Fc.
Nkuko byatangajwe n’ikipe ya Gorilla Fc, ibinyujije ku mbuga nkoranyambaga zayo, Iyi kipe yerekanye ndetse inaha ikaze Kanamugire Roger nk’umukinnyi wayo mushya.
Uyu mukinnyi Kanamugire Roger waherukaga gutandukana n’ikipe ya Rayon Sport mu mwaka ushize, yaramaze igice kibanza cyose cya shampiyona nta kipe afite none kuri ubu akaba agiye gukina imikino yo kwishyura ya shampiyona mu ikipe ya Gorilla Fc.
Kanamugire Roger werekeje mu ikipe ya Gorilla Fc, yiyongereye kuri mugenzi we ukina mu kibuga hagati asatira izamu Mosengo Tansele uheruka kugaruka muriyi kipe nyuma yo gutandukana n’ikipe ya Kenyan Police yari yaratijwemo nkuko bivugwa.

























